Wednesday, March 26, 2025
HomeBREAKING NEWSRWANDA/MINALOC YATANGAJEKO ASAGA 2,600 BAGIYE GUHABWA AKAZI BYIHUSE.

RWANDA/MINALOC YATANGAJEKO ASAGA 2,600 BAGIYE GUHABWA AKAZI BYIHUSE.

RWANDA/MINALOC YATANGAJEKO ASAGA 2,600 BAGIYE GUHABWA AKAZI BYIHUSE.

MINISITERI Y’UBUTEGETSI BW’IGIHUGU 

P.O. BOX 3445, KIGALI 

Website: www.minaloc.gov.rw 

Bwana Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Madamu/ Bwana Umuyobozi w’Akarere (Bose) 

Impamvu: Gusaba gushyira abakozi mu myanya 

Madamu/Bwana Muyobozi, 

Mu mwaka wa 2014 hasohotse imbonerahamwe y’imirimo mu nzego z’ibanze guhera ku Karere kugeza ku Kagari hagamijwe kuzamura igipimo cy’imitangire ya serivise. 

Nshingiye kuri raporo isoza umwaka wa 2023 aho ishyirwa mu myanya ry’abakozi ryari kuri 79.49%, hari abakozi 2,691 batari mu myanya bikaba biri mu bidindiza imitangire ya serivise; 

Mbandikiye mbasaba gushyira abakozi babura mu myanya muhereye k’urutonde rw’abakoze ibizamini bagatsinda ariko ntibashyirwe mu myanya (waiting list) baboneka muri systeme ya IPPIS ya Minisiteri ishinzwe Abakozi ba Leta n’Umurimo. 

Mu gihe abo bakozi bakenewe batabonetse muri systeme ya IPPIS mwakoresha uburyo busanzwe bw’ipiganwa, bikaba byarangiye bitarenze 31 Gicurasi 2024

Mugire akazi keza. 

MUSABYIMANA Jean Claude 

Minisitiri 

Bimenyeshejwe

Madamu Minisitiri wAbakozi ba Leta n’Umurimo; 

Madamu Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC; 

Madamu/ Bwana Guverineri w’Intara (Bose).

RELATED ARTICLES

2 COMMENTS

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Most Popular

Recent Comments

NDAHAYO Ildephonse from gatsibo on Ibintu icyenda bitegereje Minisitiri mushya w’Uburezi