Wednesday, March 26, 2025
HomeBREAKING NEWSREB Ibisabwa umwarimu kugira ngo abe umuyobozi w’ishuri cyangwa umuyobozi w’ishuri wungirije

REB Ibisabwa umwarimu kugira ngo abe umuyobozi w’ishuri cyangwa umuyobozi w’ishuri wungirije

Ibisabwa umwarimu kugira
ngo abe umuyobozi w’ishuri cyangwa
umuyobozi w’ishuri wungirije

Ingingo ya 13: Ibisabwa umwarimu kugira
ngo abe umuyobozi w’ishuri cyangwa
umuyobozi w’ishuri wungirije
Umwarimu utoranywa kugira ngo abe
umuyobozi w’ishuri cyangwa umuyobozi
w’ishuri wungirije agomba kuba yujuje ibi
bikurikira:

(a) kuba yarize uburezi, imyuga
n’ubumenyi ngiro cyangwa inyigisho
mbonezamwuga;
(b) kuba afite uruhushya rwo kuyobora
ishuri;
(c) kuba afite nibura uburambe bw’imyaka
itandatu ari umwarimu ku muyobozi
w’ishuri cyangwa ubw’imyaka itatu ku
muyobozi w’ishuri wungirije;
(d) umuyobozi w’ishuri cyangwa
umuyobozi w’ishuri wungirije w’ishuri
ry’abafatanya na Leta ku
bw’amasezerano nta burambe asabwa;
(e) kuba yabonye amanota aruta ay’abandi
mu kizamini cy’abahatanira kuba
umuyobozi w’ishuri cyangwa
umuyobozi w’ishuri wungirije;
(f) kuba afite amanota meza mu
masuzumabushobozi atandukanye;
(g) kuba ari inyangamugayo;

(h) kuba arangwa n’imyitwarire
mbonezamurimo.

RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Most Popular

Recent Comments

NDAHAYO Ildephonse from gatsibo on Ibintu icyenda bitegereje Minisitiri mushya w’Uburezi