0.5 C
New York
Wednesday, January 21, 2026

Buy now

MIFOTRA yemerera abanyeshuri barangije kwiga gupiganira akazi mu gihe bagitegereje ko   impamyabumenyi zabo ziboneka

MINISITERI Y’ABAKOZI BA LETA N’UMURIMO yemerera abanyeshuri barangije kwiga gupiganira akazi mu gihe bagitegereje ko   impamyabumenyi zabo ziboneka

REPUBULIKA Y’U RWANDA  MINISITERI Y’ABAKOZI BA LETA N’UMURIMO 

 Kigali, ku wa 14/02/2024  No 0210/19.23  

Perezida wa Komisiyo (Bose) 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo (Bose) 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu (Bose) 

KIGALI  

Impamvu: Kwemerera abanyeshuri barangije kwiga gupiganira akazi mu gihe bagitegereje ko   impamyabumenyi zabo ziboneka 

Madamu/Bwana Perezida, 

Madamu/Bwana Munyamabanga Nshingwabikorwa, 

Nshingiye ku Itegeko n° 017/2020 ryo kuwa 07/10/2020 rishyiraho sitati rusange igenga abakozi ba  Leta, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 8 yerekeranye n’uburyo bwo gushaka abakozi mu nzego za  Leta; 

Nshingiye ku ibaruwa ya MIFOTRA no051/19.23 yo kuwa 10/01/2020, Minisitiri w’Abakozi ba Leta  n’Umurimo (MIFOTRA) yandikiye Inzego za Leta zose azisaba kwemerera abanyeshuri, bakirangiza  amasomo bategereje ko impamyabumenyi zabo ziboneka, gukora amapiganwa yo gushaka akazi no  gushyirwa mu myanya y’imirimo bakoresheje To Whom It May Concern yatanzwe nyuma  y’umuhango wo gusoza amasomo (graduation)

Nyuma yo kubona ko abanyeshuri barangiza amasomo yabo nyamara umuhango wa graduation ugatinda gukorwa bigatuma batagira uburenganzira bwo gusaba akazi no kwitabira amapiganwa mu  Nzego za Leta kandi bararangije neza amasomo yose, ndetse no kutabona ibya ngombwa bitanzwe  nyuma ya graduation bikaba batabifitemo uruhare; 

Mbandikiye mbamenyesha ibi bikurikira: 

1. Umukandida ufite To Whom It May Concern yatanzwe na Kaminuza cyangwa Ishuri Rikuru  ryigishiriza mu Rwanda (harimo n’Ishuri Rikuru cyangwa Kaminuza byo hanze y’Igihugu ariko  byigishiriza imbere mu Gihugu), igaragaza ko yarangije amasomo yose ariko ategereje umuhango  wo gusoza amasomo (graduation), yemerewe gusaba akazi no gukora ikizamini cy’akazi mu gihe  yujuje ibindi bisabwa umukandida kugira ngo apiganire umwanya. Icyakora, iyo atsinze ikizamini  akaba atarabona impamyabumenyi, ashyirwa mu mwanya ari uko agaragaje To Whom It May  Concern yerekana ko habaye umuhango wo gusoza amasomo (graduation). 

2. Umukandida uzatsindira umwanya ariko igihe cyo kumushyira mu mwanya akaba adafite nibura  To Whom It May Concern yatanzwe nyuma ya graduation, ntabwo azashyirwa mu mwanya  ahubwo azashyirwa kuri list y’abakandida batsinze ikizamini ariko ntibashyirwe mu myanya  kugira ngo ategereze kubona ibyangombwa bisabwa kugira ngo umuntu ashyirwe mu mwanya  w’akazi mu nzego za Leta.

P.O. BOX 403 KIGALI Website: www.mifotra.gov.rw E-mail: info@mifotra.gov.rw Follow us on Twitter: @RwandaLabour 

3. Umukozi wahawe akazi hashingiwe ku cyangombwa kigaragaza ko yarangije amasomo (To  Whom it May Concern after graduation) agomba kugisimbuza impamyabumenyi mu gihe  kitarenze umwaka. 

4. Umukozi uzaba atarazuza dosiye y’akazi mu gihe kivugwa mu gika kibanziriza iki, azakurwa mu  mwanya yakoragamo kubera kutuzuza ibisabwa kuri uwo mwanya. Icyakora, mbere y’uko  Urwego rukura mu mwanya uwo mukozi kubera kutuzuza dosiye, rugomba kugisha inama  MIFOTRA kugira ngo hasuzumwe uruhare rw’uwo mukozi mu kutabona impamyabumenyi ye. 

Aya mabwiriza ntareba abakandida bari barapiganwe batujuje ibisabwa bagakurwa mu kazi, imyanya  yabo ikongera gupiganirwa igashyirwamo abujuje ibisabwa. 

Mbashimiye uburyo muzubahiriza ibikubiye muri iyi baruwa mu rwego rwo gukomeza guteza imbere  imicungire myiza y’Abakozi ba Leta. 

Mugire amahoro.  

Assoc. Prof. Jeannette BAYISENGE 

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo 

Bimenyeshejwe:  

– Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe 

– Bwana Minisitiri wUburezi 

KIGALI

Related Articles

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Stay Connected

0FansLike
0FollowersFollow
0SubscribersSubscribe

Latest Articles