Guverinoma y’u Burundi yihakanye amagambo aherutse gutangazwa na Perezida Evariste Ndayishimiye, avuga ko yiteguye gufasha urubyiruko rw’u Rwanda gukuraho ubutegetsi ‘rukibohora’.
Itangazo rya Guverinoma y’u Burundi rivuga ko hari abakwirakwije ibitandukanye n’ibyo Ndayishimiye yavuze, bagamije guhisha ikibazo nyacyo kiri hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

.



