Isi yashimiye uburyo u Rwanda rwakira abahoze ari abarwanyi rukabagarura mu buzima busanzwe
Inzobere zo mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe n’indi Miryango y’Ubukungu ihuza ibihugu zashimye u Rwanda uburyo rwubatse politiki nziza yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi.
Ni mu kiganiro cyatanzwe ku wa 11 Nzeri 2025, ubwo Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Ronald Rwivanga, ubwo yaganiranaga n’inzobere z’Umuryango wa AU, Imiryango y’Ubukungu mu Karere ku mateka.
Ingabo z’u Rwanda mu itangazo zasohoye zavuze ko ikiganiro cyari kigamije gusangira ubunararibonye ku gushyiraho ingamba n’uburyo bikoreshwa mu kubaka amahoro nyuma y’amakimbirane.


